Perezida Tinubu wa Nigeria ‘ameze neza’ nyuma yo kugwa hasi arimo kwakirwa muri Turkiya

Perezida Bola Tinubu wa Nigeria “ameze neza” nk’uko umwe mu bakozi be abivuga, ni nyuma yo kugwa hasi mu muhango wo kumwakira mu ruzinduko yari arimo muri Turkiya.

Jan 28, 2026 - 10:31
 0
Perezida Tinubu wa Nigeria ‘ameze neza’ nyuma yo kugwa hasi arimo kwakirwa muri Turkiya

Tinubu w’imyaka 73, yariho yakirwa na mugenzi we Recep Tayyip Erdogan mu murwa mukuru Ankara, maze arimo kugenda arahubangana yitura hasi aramirwa n’abamuri hafi.

Amashusho yafashwe yerekana abantu bamufasha mbere y’uko amashusho akurwaho aho yariho aca kuri za televiziyo, nyuma y’amasegonda 45 bongeye kwerekana Tinubu na Erdogan bahagararanye.

Bisa n’aho uyu perezida wa Nigeria ntacyo yabaye kandi umwe mu bakozi be Sunday Dare yavuze ko yabashije gukomeza inama yari iteganyijwe na mugenzi we.

Nyuma, umuvugizi wa perezida, Bayo Onanuga, yatangaje ko Tinubu yakandagiye ku

kintu cy’icyuma cyari “hasi, bigatuma ahubangana”.

Yagize ati: “Ibi si ibintu bikomeye, uretse ku bashaka kubigira ibintu byacitse. Kwari uguhubangana gusa, Imana ishimwe, si ukugwa”.

Mu 2024 ubwo Tinubu yituraga hasi mu ruhame, yabivuzeho atebya ko abantu baketse ko yariho aceza umuziki.

Nyuma yo guhura kwa Tinubu na Erdogan, Turkiya yatangaje amasezerano mashya y’ubufatanye na Nigeria mu bukungu, ubucuruzi, n’igisirikare.

Tinubu yagiye ku butegetsi mu 2023 nyuma y’amatora, ariko ubuzima bwe bwakomeje guteza impaka mu baturage ba Nigeria.