“Turiteguye ku kiganiro hagati y’abanyecongo” – Tshisekedi
Perezida Félix Tshisekedi wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo yatangaje ko afunguye ku kuba haba ikiganiro hagati y’abanyecongo ariko yongeraho ko kitazaba kirimo “abakoze ibyaha by’ubugome ku baturage bacu”.
Ibiganiro hagati y’abanyecongo muri Congo byakomeje gusabwa n’abatavugarumwe n'ubutegetsi – nka Martin Fayulu na Moïse Katumbi – hamwe n’ihuriro ry’abanyamadini, kandi mu byumweru bishize byari mu muhate wa Perezida João Laurenco wa Angola.
Ubwo yaganiraga n’abahagarariye ibihugu byabo n’abakuriye imiryango mpuzamahanga muri RD Congo ku wa gatandatu, Tshisekedi yavuze ko ashyigikiye ibyo biganiro, bigamije gushaka umuti ku bibazo bya Congo, birimo intambara mu burasraizuba.
Bamwe mu batavuga rumwe n’ubutegetsi bavuga ko Tshisekedi atigeze atsinda amatora bityo ko ubutegetsi bwe butemewe, ibyo akaba yavuze ko bitagomba kugaruka muri icyo kiganiro cy’abanyecongo.
Yagize ati: “Turemeza ko twiteguyeye ku kiganiro hagati y’abanyecongo; ikiganiro gikwiye, kidahêza, kigamije gukomeza ubumwe bw’igihugu nta kwibaza ku nzego zavuye ku matora rusange”.
Yavuze kandi ko “niba icyo kiganiro kizaba” ko kigomba gutegurwa n’inzego za leta, ibi bisa no kwigizayo ihuriro ry’amadini rizwi nka CENCO ryakomeje gusaba no gusabwa ko ari ryo rwategura ibi biganiro.
Tshisekedi yavuze kandi ko ubucamanza bugomba kuzakomeza inzira zabwo, ibi byerekana ko bamwe mu bakatiwe n’inkiko - nk’abakuru b’umutwe wa AFC/M23 hamwe na Joseph Kabila wahoze ari perezida, bakatiwe urwo gupfa – bashobora kutagira ijambo muri icyo kiganiro cy’abanyecongo.
Yagize ati: “Ubucamanza buzakomeza inzira yabwo bushimitse, kugeza ku mpera, kugira ngo hubahwe abo bose bazize ubushotoranyi”.
Abasesenguzi bamwe bavuga ko ikiganiro hagati y’Abanyecongo kitarimo uruhande rwa AFC/M23 gishobora gukemura ibibazo bimwe mu butegetsi bwa Kinshasa ariko ntigitange umusaruro ku kibazo cy’intambara mu burasirazuba bw’iki gihugu.
Ferdinand Kambere umunyamabanga w’ishyaka PPRD ritavugarumwe n’ubutegetsi kuri ibi byatangajwe na Tshisekedi, yavuze ko Congo “ntikeneye ibiganiro byo kwigaragaza gusa” ahubwo ishaka “ibiganiro bidahêza by’ukuri”, kuri we ibiganiro perezida yavuze byaba ari “iby’uruhande rumwe”.
English
Kinyarwanda