Icyo wamenya ku 'miterere y'amasezerano y'ejo hazaza' ya Trump kuri Greenland
Perezida wa Amerika, Donald Trump, yatangaje ko hari "umurongo w'amasezerano y'ejo hazaza yerekeranye na Greenland".
Iri tangazo ryatunguye abantu nyuma y'iminsi myinshi y'ibibazo bikomeye, bije bisanga n'iterabwoba ryo gufatira ibihano by'ubukungu ibihugu umunani byanze kwemera gahunda ye yo gufata ico kirwa kigenzurwa na Danemark ariko gifite ubwigenge busesuye.
Wakwibaza uti: "Aya masezerano akubiyemo iki? Ese yaba azemerwa na Danemark na Greenland - byombi byagaragaje ko bitazarekura iki kirwa kinini ku isi?
Ni iki cyavuzwe kuri aya masezerano?
Trump yabitangaje ku rubuga nkoranyambaga rwe -Truth Social ku wa gatatu, nyuma y'ibiganiro byabereye mu nama y'ihuriro ry'ubukungu yabeyere i Davos mu Busuwisi.
Yagize ati: "Dushingiye ku nama nziza cyane nagiranye n'Umunyamabanga Mukuru wa OTAN, Mark Rutte, twashyizeho urwego rw'amasezerano y'ejo hazaza yerekeranye na Greenland."
Ntabwo atatanze ibisobanuro birambuye, ariko yavuze ko ibiganiro bizakomeza kugira ngo amasezerano agerweho.
Rutte, ku ruhande rwe, yavuze ko atigeze avuga ku kibazo cy'ingenzi cy'uburenganzira bwa Danemark kuri Greenland mu nama yagiranye na Trump.
Muri Danemark, iki kibazo kiracyari kure cyane kuko amasezerano ayo ari yo yose agomba gukurikizwa hagati ya Greenland, Danemark na Amerika.
English
Kinyarwanda