U Rwanda rwareze Ubwongereza ku masezerano y'abimukira
Leta y'u Rwanda yareze leta y'Ubwongereza mu rukiko mpuzamahanga nkemurampaka rwo mu Buholandi, bijyanye n'amasezerano ku bimukira ibihugu byombi byari byagiranye mu 2022.
Umwaka ushize leta nshya y'Ubwongereza ikuriwe n'ishyaka rya Labour yahagaritse ayo masezerano kandi itangaza ko "nta kundi kwishyura kugendanye n'iriya gahunda kuzakorwa, kandi u Rwanda rwahebye ukundi kwishyurwa kwose".
Nta byinshi byatangajwe ku miterere y'ikirego cy'u Rwanda, ariko inyandiko y'urwo rukiko rwa PCA (Permanent Court of Arbitration), rukorera i La Haye mu Buholandi, ivuga ko leta y'u Rwanda yatangije icyo kirego ku itariki ya 24 Ugushyingo (11) mu 2025.
Umuvugizi wa Minisitiri w'intebe w'Ubwongereza yabwiye abanyamakuru ko leta "izarengera ishimitse uruhande rwacu mu nyungu z'umusoreshwa".
Yongeraho ko amasezerano bari bagiranye n'u Rwanda yo kurwoherereza abimukira yari "icyago", kandi "Yangije miliyoni 700 z'amapawundi [pound] yohereza ababyifuje bane gusa" batarebwaga n'ayo masezerano.
Muri izo miliyoni 700, harimo miliyoni 290 (zirenga miliyari 570 FRW) zishyuwe u Rwanda.
BBC yagerageje kuvugana n'uruhande rwa leta y'u Rwanda. Mu gusubiza ubutumwa bwo kuri WhatsApp, umwe mu bategetsi muri leta y'u Rwanda yoherereje BBC inkuru yo mu kinyamakuru The New Times kibogamiye ku butegetsi.
Iyo nkuru ya The New Times ivuga ko ikirego cya leta y'u Rwanda gishingiye ku ishyirwa mu ngiro z'ibyo ibihugu byombi byari byiyemeje muri ayo masezerano.
The New Times isubiramo amagambo ya Michael Butera, umujyanama mukuru mu bya tekinike wa Minisitiri w'ubutabera y'u Rwanda, avuga ko u Rwanda rwabanje kunyura mu biganiro byo mu rwego rwa dipolomasi mbere yo kwiyambaza urukiko.
Butera agira ati: "U Rwanda rwabanje kugerageza gusobanura aho ruhagaze no kwiga ku nzira zakoreshwa nyuma, rugaragaza ko rufite ubushake bwo kuganira, harimo no ku gusoza ayo masezerano mu buryo bwiza...
"Kubera ko bitagejeje ku kumva ibintu kimwe, twakoresheje inzira yo gucyemura amakimbirane iteganyijwe mu nyandiko mu masezerano."
Inkuru ya The New Times ikomeza ivuga ko u Rwanda n'Ubwongereza bari baremeranyije ko hari amafaranga rwagombaga guhabwa ajyanye no kwitegura kwakira impunzi zivuye mu Bwongereza.
Ivuga ko icyiciro kimwe muri ayo kijyanye na miliyoni 50 z'amapawundi (angana na miliyari 99 FRW) yagombaga kurihwa u Rwanda, ayo akaba yari kwishyurwa bitarenze muri Mata (4) mu 2025.
Ikindi cyiciro cy'andi nk'ayo ivuga ko agomba gutangwa muri Mata uyu mwaka, kugeza ubu ayo yose akaba ataratangwa.
Umwaka ushize, umuvugizi wa leta y'u Rwanda Yolande Makolo yatangaje ko Ubwongereza bwasabye u Rwanda "guheba bucece" amafaranga yari asigaye kwishyurwa.
Mu itangazo icyo gihe, umuvugizi wa leta y'Ubwongereza yavuze ko "nta kundi kwishyura kugendanye n'iriya gahunda kuzakorwa, kandi u Rwanda rwahebye ukundi kwishyurwa kwose".
Leta y'Ubwongereza yatangaje ko idateganya kwishyuza leta y'u Rwanda amafaranga yari yaramaze kuyiha.
Uru rukiko rufite ububasha ki?
Uru rukiko rwa PCA rwashinzwe mu mwaka wa 1899, nk'inzira yo gucyemura amakimbirane yavuka hagati y'ibihugu.
Mu masezerano u Rwanda rwasinye n'Ubwongereza,mu ngingo ya 22, impande zombi zemeranyije ko mu gihe habaye kutumvikana bakwiyambaza uru rukiko rwa PCA.
PCA ni urubuga rwo gukemura kutumvikana hagati y'ibihugu, ibisa n'inzira z'ubukemurampaka (arbitration) kompanyi zikomeye ubusanzwe zikoresha mu kwirinda imanza mu nkiko zisanzwe ziba ari ndende kandi zikanduza izina ry'abaregana.
PCA ifite ububasha bwo gufata umwanzuro ugomba kubahirizwa mu gihe ibihugu birimo kuburana byananiwe kumvikana.
Uru rwego rushyiraho ingengabihe y'uko abahagarariye impande zombi bagomba kwitaba bakazana ingingo zabo – kandi urubanza rushobora gufata imyaka ngo rugere ku mwanzuro.
English
Kinyarwanda