Uganda: Minisitiri yamaganye igitero cya gisirikare ku rugo rwa Bobi Wine

Minisitiri ushinzwe itangazamakuru muri Uganda, Chris Baryomunsi, yamaganye igitero cya gisirikare cyo mu kwezi gushize ku rugo rw’umukuru w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi Bobi Wine, abwira ibiro ntaramakuru Reuters ko Wine nta cyaha na kimwe yakoze kandi ko afite uburenganzira bwo gusubira iwe.

Feb 10, 2026 - 10:23
 0
Uganda: Minisitiri yamaganye igitero cya gisirikare ku rugo rwa Bobi Wine

Wine, umuhanzi mu muziki w'injyana ya 'pop' wahindutse umunyapolitike – ubundi izina rye ry’ukuri ni Robert Kyagulanyi, amaze ibyumweru mu bwihisho nyuma yo guhunga urugo rwe ruri mu murwa mukuru Kampala, ubwo hari hashize amasaha atangajwe ko yabaye uwa kabiri mu matora ya perezida yo ku wa 15 Mutarama (1) uyu mwaka.

Perezida Yoweri Museveni, umaze imyaka 40 ku butegetsi, yatangajwe ko ari we watsinze ayo matora.

Ku itariki ya 24 Mutarama, Wine yatangaje ko umugore we yajyanwe mu bitaro nyuma yuko abasirikare bateye urugo rwabo.

Wine yashinje abo basirikare kwambura imyenda by’igice uwo mugore we no kumuniga, ibirego Jenerali (Gen) Muhoozi Kainerugaba, umugaba mukuru w’ingabo za Uganda akaba n’umuhungu wa Perezida Museveni, yahakanye, ariko nyuma yaho agatangaza ku rubuga nkoranyambaga X ko “bafashe hanyuma barekura” uwo mugore wa Wine.

Minisitiri Baryomunsi, uyu ni n’umuvugizi wa leta, yavuze ko abategetsi bazakora iperereza ku byabaye.

Yabwiye ibiro ntaramakuru Reuters ati: “Ntitwihanganira ibikorwa ibyo ari byo byose by’imyitwarire mibi ku ruhande rw’ingabo n’abashinzwe umutekano.

“Rero gutera urugo rwe [rwa Wine], kwangiza, gusagarira umugore we, cyangwa umuntu uwo ari we wese, ntibikwiye.”

Yanze kuvuga niba abashinzwe umutekano bazahanwa nibigaragara ko barenze ku mategeko.

Umuvugizi w’ishyaka NUP rya Wine ntiyitabye kuri telefone cyangwa ngo asubize ubutumwa bwa Reuters bwo kumusaba kugira icyo abivugaho.

Mu butumwa bwo ku mbuga nkoranyambaga, Gen Kainerugaba yatangaje ko igisirikare kirimo gushakisha Wine, wanze ibyavuye mu matora avuga ko yabayemo uburiganya. Kainerugaba ntiyavuze impamvu barimo gushakisha Wine cyangwa ngo avuge icyaha ashobora kuregwa.

Imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu hamwe n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi, bamaze igihe bashinja ubutegetsi bwa Museveni gukoresha igisirikare mu kuburizamo abatavuga rumwe n’ubutegetsi – ibirego leta ya Uganda ihakana.

Gen Kainerugaba afite amateka yo gutangaza ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga buteza impaka, akenshi nyuma akabusiba. Yigeze gukangisha guca umutwe Wine no kwirata ko igisirikare cyishe abantu 30 bashyigikiye abatavuga rumwe n’ubutegetsi.

Minisitiri Baryomunsi yabwiye Reuters ko ubutumwa Gen Kainerugaba atangaza bukwiye gufatwa nk'"amagambo avuga adakomeje atajyanye n’umurongo wa leta n’ibyemezo bya leta".